Iyi Minisiteri ikaba yemeje ko magingo aya habarurwa abarwayi 285, ndetse n’abamaze guhitanwa nayo bagera ku 180 kuko wiyongereyeho abantu 10 mu minsi mike itambutse.
Iki cyorezo kimaze gukwirakwira hose mu gace k’Amajyaruguru ashyira Iburasirazuba bw’Intara ya Kivu, gasanzwe katorohewe n’umutekano muke, uterwa n’ibitero bya hato na hato by’imitwe yitwaje intwaro yahagize indiri.
Ebola yibasiye Repubulika Iharanira ya Congo yagaragaye bwa mbere muri iki gihugu mu 1976, iyi ikaba ari inshuro ya 10 ihagaragaye.
Mu Ukwakira hagati, Leta ya Congo yatangaje ko ihanganye bikomeye n’iki cyorezo ku rwego rwisumbuye, kibasiye cyane cyane agace ka Beni, umwe mu mijyi iherereye hafi n’imbibi Congo ihana na Uganda.
Ebola iri kubica bigacika muri RDC, muri iki gihe yahereye mu gace ka Mangina kabarizwa ku bilometero 20 uvuye Beni, The East African dukesha iyi nkuru igatangaza ko aho Mangina hari mu hashegeshwe bikomeye n’iki cyorezo.



















TANGA IGITEKEREZO