Isabukuru y’amavuko ye nyir’izina iba tariki ya 19 Mata, gusa ibirori nyir’izina byizihijwe ku wa 24 Mata.
Abaturage benshi bari bishimiye ibi birori, bagaragaza ko bamushyigikiye byimazeyo. Umwe mu bitabiriye ibi birori w’imyaka 19, yagaragaje ko ashima cyane itangira rya gahunda yo kwigira ubuntu mu 2022 n’amavuriro agendanwa yashyizweho mu mwaka wakurikiye.
Undi muturage ukora ubuhinzi w’imyaka 70, yavuze ko yibuka uyu mwami yima ingoma mu 1986, anashima ubufasha yatanze mu bijyanye n’ibikoresho by’ubuhinzi n’ifumbire.
Nubwo bimeze bityo, uyu mwami ntavugwaho rumwe bitewe n’butunzi bwe bwinshi.
Abamurwanya bagaragaza ko we n’abagore be 12 babaho mu buzima bw’abifite, mu gihe abaturage bangana na kimwe cya gatatu mu gihugu, babayeho munsi y’urugero rw’ubukene. Aba baturage baba bakoresha 2,5$ ku munsi.
Abaturage bavuga ko abayeho ubuzima buhenze cyane, akaba yaranahawe miliyoni 3$ muri uku kwezi. Bavuga ko aya mafaranga asesagurwa mu gihe igihugu cyugarijwe n’ubukene, ubusumbane n’indwara ku rugero rwo hejuru.
Umwami Mswati III yatangiye gutegeka Eswatini yahoze yitwa Swaziland mu 1986. Muri iki gihugu gifite abaturage miliyoni 1,5, Umwami ni we uba afite ijambo kuri byose. Ategeka Inteko Ishinga Amategeko, akagena abaminisitiri kandi nta muntu ufite uburenganzira bwo kuvuguruza icyemezo yafashe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!