Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Ethiopia, Demeke Mekonnen, yatangarije Reuters ko ingabo za Eritrea zimaze igihe muri Tigray zatangiye kuhava.
Mu Ugushyingo 2020 mu Ntara ya Tigray iri mu Majyarugu ya Ethiopia, hadutse imirwano yakomotse mu myivugatanyo y’abanya-Tigray bashinja leta y’iki gihugu kubaheza mu butegetsi.
Leta ya Ethiopia yinjiye mu mirwano n’ishyaka ry’abanya-Tigray rifite n’ingabo zishaka kubohoza iyi ntara ikaba igihugu kigenga ari ryo Tigray People Liberation Front (TPLF).
Mu Ukuboza 2020 itsinda ry’ingabo ziturutse muri Eritrea, ryaje gufasha Ethiopia kurwanya TPLF.
Nyuma y’uko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ishinje ingabo za Eritrea ibyaha birimo gufata ku ngufu n’ibyibasiye inyokomuntu, hateranye inama y’abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo mu bihugu bigize umurwango w’ibihugu birindwi bikize ku Isi, G7.
Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa n’u Budage byokeje igitutu Ethiopia biyisaba kuvana ingabo za Eritrea muri Tigray.
N’ubwo Minisitiri Demeke yatangaje ko ingabozo za Eritrea zatangiye kuva muri Tigray, bamwe mu banya-Tigray barabihakana.
Loni yatangaje ko mu minsi mike hagiye gutangira iperereza ryigenga ku byaha byakorewe mu Ntara ya Tigray.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!