00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ethiopia: Umuryango w’Abibumbye utewe impungenge n’intambara ikomeje guca ibintu muri Tigray

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 20 August 2021 saa 09:00
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko ibintu bikomeje kujya habi mu gace ka Tigray kari mu Majyaruguru ya Ethiopia, kamaze igihe mu mirwano ihuje ingabo za Leta n’inyeshyamba zishyigikiye ishyaka rya TPLF.

Iyi ntambara yatangiye mu Ugushyingo umwaka ushize, abaturage barenga miliyoni eshanu bagizweho ingaruka na yo ku buryo bakeneye ubufasha kugira ngo bakomeze kubaho. Abarenga ibihumbi 50 bamaze guhungira muri Sudani mu gihe ibihumbi 900 by’abaturage bishobora kugira ikibazo cy’inzara, naho abana barenga ibihumbi 100 bakagira ikibazo cy’imirire mibi.

Ku ruhande rumwe, Leta ya Ethiopia imaze gutakaza arenga miliyari 2$ muri iyi ntambara, kandi birasa nk’aho itaragera ku musozo kuko ingabo z’iki gihugu ziherutse gusaba abasore n’inkumi babishoboye kwinjira mu gisirikare, ndetse na Minisitiri w’Intebe Ahmed akaba yarasabye abaturage kurwanya TPLF mu buryo bwose bushoboka.

Ku rundi ruhande, iyi ntambara yamaze gusatira utundi duce duturanye na Tigray turimo Ahmara na Afar, mu gihe umutwe wa Oromo Liberation Army, ukorera mu gace ka Oromo kari mu Majyepfo ya Ethiopia, na wo wamaze gutangaza ko ushyigikiye ibikorwa by’Aba-Tigray, ku buryo hari ubwoba ko na wo ushobora gutangiza intambara ku ngabo za Leta.

Ethiopia ni igihugu kigizwe n’amoko atandukanye kandi ugasanga buri bwoko bufite ingabo zabwo, ku buryo hari ubwoba ko mu gihe ibintu byakomeza gutya, bishobora kuzavamo intambara karundura y’amoko ishobora no kuganisha kuri Jenoside.

Guterres yavuze ko impande zombi zikwiye guhagarika imirwano kugira ngo abakora ibikorwa by’ubutabazi babone uko bagera ku baturage. Ku rundi ruhande, ubukungu bwa Ethiopia bukomeje kuzaharira muri iyi ntambara kuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wamaze guhagarika inkunga ugenera icyo gihugu, mu gihe u Bufaransa na bwo bwamaze guhagarika inkunga ya gisirikare bwahaga Ethiopia.

Abaturage barenga ibihumbi bamaze guhunga intambara iri kubera muri Tigray

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages