00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ethiopie: Igitero cy’indege cyahitanye abantu 56

Yanditswe na Dufitumukiza Salathiel
Kuya 8 January 2022 saa 06:24
Yasuwe :

Abakozi b’imiryango iri gutanga ubufasha ku batuye muri Ethiopie bamaze umwaka urenga mu ntambara, bavuze ko hari igitero cy’indege cyagabwe ku nkambi yatujwemo abavuye mu byabo kigahitana 56 naho abarenga 10 bakahakomerekera.

Ababivuze beretse Reuters amashusho y’abakomeretse bajyanywe mu bitaro barimo n’abana ndetse bavuga ko inzego za leta zemeje iyo mibare y’impfu.

Ahagabwe igitero ni mu kigo cy’amashuri giherereye mu Mujyi wa Dedebit uri mu Ntara ya Tigray mu Majyaruguru ya Ethiopie ariko ntibiremezwa mu buryo bweruye.

Ingabo za leta zihanganye n’Abarwanyi ba TPLF iyobora Tigray bahakanye kenshi ko batagaba ibitero ku baturage.

Kuva mu mpera ya 2020 iyo ntambara yaba, ababarirwa mu bihumbi bahasize ubuzima abandi bava mu byabo.

Yashojwe na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Dr Abiy Ahmed, wavugaga ko abarwanyi ba TPLF bamusuzuguye akaba ashaka kubanyaga Tigray.

Baje kumuganza nabo basatira Addis Ababa bavuga ko bashaka kumuhirika ku ntebe, abonye bikaze yambarira urugamba abanza kujya kubasubiza inyuma abona kugaruka mu biro.

Hari hashize igihe gito bisa naho hagarutse agahenge ndetse abayobozi bo muri Tigray bari bafashwe bugwate barekuwe.

Minisitiri Dr Abiy yari yatangaje ko ashaka ubwiyunge n’ubumwe bw’Abanya-Ethiopie.

Umwe mu bana bakomerekeye muri icyo gitero cyagabwe mu kigo gicumbikiye abavuye mu byabo ubwo yari arimo kwitabwaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages