Abbas Kayonga yahagaritswe ku mirimo ye ku wa 2 Ugushyingo 2017, akekwaho uburiganya burimo kunyereza amabuye y’agaciro mu Ntara yari ashinzwe.
Kuri uyu wa Gatandatu ubutumwa bwe bwari bwatangiye gukwirakwizwa mu binyamakuru ko atizeye umutekano we.
Amakuru IGIHE yahawe n’abari i Bukavu ni uko mu gitondo abasirikare bazindukiye ku rugo rwa Abbas Kayonga bahasanga abapolisi batangira kubarasa na bo birwanaho imirwano itangira ubwo.
Iyi mirwano yakoreshejwemo intwaro nto n’iziremereye kuva saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo ahitwa Muhumba mu gace ka Nguba na Ibanda.
Kugeza saa tanu n’igice amasasu yari acyumvikana ari menshi ndetse mu Mujyi wa Bukavu hagaragaraga umuriro n’umwotsi mwinshi nk’aho hari ibintu biri gushya.
Kugeza ubu Umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demoakarasi ya Congo (Rusizi) urafunze.
Ingabo za Monusco ngo zageze mu gace kabereyemo imirwano zigerageza kuyihosha.



















TANGA IGITEKEREZO