Umuvugizi wa FARDC, Gen Maj. Sylvain Ekenge Bomusa, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 30 Ukuboza 2023, yasobanuye ko uyu musirikare yarenze ku mabwiriza Umugaba Mukuru yatanze tariki ya 21 Ugushyingo.
Ekenge kandi yasobanuye ko Gen. Maj Mpezo akurikiranweho andi makosa arimo gukoresha nabi abasirikare ndetse n’ibikoresho byo mu karere ka gisirikare ka 34 ayobora, gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
FARDC yavuze ko yasabye urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza gukora iperereza ryimbitse, hagamijwe gushaka ibimenyetso bihagije, hanyuma uyu musirikare akaryozwa amakosa akurikiranweho.
Leta y’u Rwanda imaze igihe kirekire igaragaza ko FARDC ikorana na FDLR, gusa ubutegetsi bwa RDC n’iki gisirikare byari byarabihakanye; rimwe bikagaragaza ko uyu mutwe utakibaho, ubundi bikavuga ko ugizwe n’abasaza batagifite imbaraga.
Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe gukurikirana umutekano wo mu karere na zo zemeje ko hari abasirikare bakuru ba FARDC bakorana na FDLR, Leta ya RDC ntiyagira icyo ibivugaho kuko byashimangiraga ibyo u Rwanda rwavugaga.
FARDC yemeje ku mugaragaro ko ikorana na FDLR mu Gushyingo 2023, ubwo Umugaba Mukuru wayo, Général Christian Tshiwewe yohererezaga abasirikare bose ubutumwa bubabuza kongera gukorana n’uyu mutwe witwaje intwaro.
FDLR ni ikibazo ku mutekano w’u Rwanda, by’umwihariko muri iki gihe yongerewe imbaraga na FARDC, igahabwa ibikoresho. Izi mpande zombi ni zo zarashe ibisasu mu karere ka Musanze muri Werurwe, Gicurasi na Kamena 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!