Nyusi agiye gukomeza kuyobora Mozambique mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Mozambique yatangaje ko Nyusi w’imyaka 60 y’amavuko yatsinze amatora afite amajwi menshi y’abatoye kurusha abo bari bahanganye.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku cyumweru, Umuyobozi w’iyo Komisiyo Abdul Carimo yagize iti “Filipe Nyusi, Umukandida w’Ishyaka Frelimo yatsinze ku majwi 73% akurikirwa na Ossufo Mamade wa Renamo ufite 21.8% y’abatoye”.
Yongeyeho ko “David Simango wa MDM yaje ku mwanya wa gatatu n’amajwi 0.73% y’abatoye naho ku mwanya wa kane haza Mário Albino wagize 0.73%”.
Ishyaka rya Frelimo ryayoboye kuva Mozambique yabona ubwigenge yigobotoye Portugal mu 1975. Muri iyi manda rizagira imyanya 184 mu Nteko Ishinga Amategeko, Renamo igire imyanya 60 naho MDM igire itandatu.
Filipe Nyusi ni Perezida wa Kane wa Mozambique. Yayoboye icyo gihugu kuva mu 2015 nyuma yo kuba Minisitiri w’umutekano kuva mu 2008 kugeza 2014.



















TANGA IGITEKEREZO