Imbere y’abayoboke b’ishyaka ANG bari bambaye imyenda y’umukara, Umuyobozi wabo David Akouré yavuze ko yishimiye ko ibyo bahamagariye abaturage gukora babigezeho kuri uyu wa Mbere.
Ati " Iki gikorwa cyaritabiriwe cyane. Abanya-Gabon benshi twifatanyije muri iki gikorwa. Ku bari ku butegetsi wasanga ntacyo bivuze, kuri twebwe ariko ni ukugaragaza ibyo abaturage batekereza.”
Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga ko Akouré yahamije ko azakomeza gutegura ibikorwa nk’ibi kugeza igihe polisi izareka guhohotera abaturage ndetse ubutabera ntibube mu maboko y’ubutegetsi.
N’ubwo Akouré yemeza ko ibyo bashakaga kugaragaza babigezeho, Leta ya Gabon yo siko ibibona nk’uko Umuvugizi wayo, Alain Claude Bilie abivuga, ngo iki gikorwa gishobora kuba cyaragezweho mu maso ya Akouré gusa kuko muri iki gihugu umukara ari ibara ryo kwirabura bityo ko umuntu utapfushije atakwambara umukara.



















TANGA IGITEKEREZO