00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gabon: Inteko yemeje impinduka zirimo kugabanya imyaka igize manda ya Perezida

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 7 April 2023 saa 10:47
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko muri Gabon, imitwe yombi yemeje ivugururwa ry’Itegeko Nshinga, aho ingingo zitandukanye zirimo imyaka igize manda ya Perezida yagabanyijwe.

Ivugururwa ryatowe ku majwi 198, mu gihe abantu umanani gusa ari bo batoye babyamagana.

RFI yatangaje ko impinduka nyinshi zakozwe mu Itegeko Nshinga rishya ari ukugabanya imyaka ya manda y’imyanya yose ihatanirwa muri Politiki ya Gabon, aho yashyizwe kuri itanu. Manda ya Perezida na yo yavanywe ku myaka irindwi, iba imyaka itanu.

Ku myanya yose yiyamamarizwa, usoje manda yemerewe kwiyamamariza indi mu gihe abishaka.

Muri izi mpinduka kandi, icyiciro cya kabiri cy’amatora ya Perezida cyakuweho, bivuze ko uzajya aba yagize menshi mu cyiciro cya mbere ari we uzajya ahita atangazwa nka Perezida.

Inteko ya Gabon yemeje impinduka mu Itegeko Nshinga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages