00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gabon: Perezida Bongo n’umuhungu we bafunzwe

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 30 August 2023 saa 03:12
Yasuwe :

Abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Gabon, Ali Bongo batangaje ko bamufungiye mu rugo rwe, aho ari kumwe n’umuryango we ndetse n’umuganga ushinzwe kumwitaho.

Amakuru y’uko Perezida Bongo yahiritswe ku butegetsi yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’amasaha make bitangajwe ko uyu mugabo w’imyaka 64 yegukanye intsinzi muri manda ya gatatu.

Uretse Perezida Bongo ufungiye iwe, aba basirikare banatangaje ko bataye muri yombi umwe mu bahungu be, Noureddin Bongo azira ubugambanyi.

Kugeza ubu Gabon iyobowe n’Umutwe wa gisirikare wari ufite inshingano zo kurinda Perezida.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Komisiyo y’Amatora muri Gabon yatangaje ko Ali Bongo yatsindiye manda ya gatatu. Nyuma y’amasaha make ibi bitangajwe kuri Televiziyo y’Igihugu hahise hajyaho itsinda ry’abasirikare bavuga ko bahiritse ubutegetsi bw’uyu mugabo.

Aba basirikare bavuze ko batesheje agaciro ibyavuye mu matora kuko yakozwe mu buryo butanyuze mu mucyo.

Uretse guhirika ubutegetsi bwa Perezida Bongo, aba basirikare batangaje ko bafunze imipaka yose ndetse basesa n’inzego z’ubutegetsi zari ziriho.

Perezida Ali Bongo ufungiwe iwe yatangiye gutabaza amahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages