Bivugwa ko ubwato bwari bujyanye mu Burayi abo bimukira bo muri Afurika y’Uburengerazuba bwahagarikiwe ku mupaka wa Senegal, bakaza kwicwa bageze muri Gambia.
Uyu musirikare witwa Lt Malick Jatta, yasobanuye ko bikekwa ko Yahya Jammeh yatanze itegeko ryo kubica kubera ubwoba n’urwikekwe yari afite akeka ko bazanywe n’umugambi wo kumukura ku butegetsi.
Ubwo buhamya, Lt Malick Jatta, yabuhaye komisiyo ishinzwe ukuri n’ubwiyunge (TRRC), isanzwe ikora iperereza ku bwicanyi bwakozwe mu myaka 22 ubwo Jammeh yari ayoboye Gambia nk’uko BBC yabyanditse.
Uyu musirikare aheruka kwemerera iyi komisiyo ko mu 2004 yanagize uruhare mu kwica umunyamakuru Deyda Hydara nabwo ku itegeko yahawe na Jammeh.
Jammeh uba mu buhungiro muri Guinée équatoriale ahakana yivuye inyuma ko nta ruhare yigeze agira mu rupfu rw’uwo munyamakuru cyangwa izo mpunzi.
Yahya Jammeh w’imyaka 54 yayoboye Gambia hagati ya 1996 na 2017, asimburwa na Adama Barrow.



















TANGA IGITEKEREZO