Iki cyemezo gikurikira isezerano Perezida Akufo-Addo yari yaratanze mu nama y’ibiganiro ku iterambere rya Afurika (Africa Prosperity Dialogues) yabereye muri Ghana muri Mutarama 2024. Yavuze ko intego y’iyi politiki ari ugukomeza kubaka umubano ukomeye mu bihugu bya Afurika.
Bitegerejwe ko uyu mwanzuro uzazamura urwego rw’ubukerarugendo, ubucuruzi n’ingendo zijya muri Ghana, kuko byari bisanzwe bizitiwe n’uko kujyayo bisaba Visa, nk’uko abasesenguzi babigaragaje.
Mbere y’uyu mwanzuro, Ghana yari isanzwe yemerera abaturage b’ibihugu 26 byo muri Afurika kwinjira nta Visa, ikemerera abaturuka mu bihugu 25 gusaba Visa bageze ku mupaka. Abaturage b’ibihugu bibiri gusa byo kuri uyu mugabane ni bo basabwaga Visa mbere yo kugera muri Ghana.
Ghana yiyongeye ku bindi bihugu byemerera abaturage bo muri Afurika kwinjira mu gihugu nta Visa harimo u Rwanda, Seychelles, Gambia na Bénin.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!