Kuri wa Gatatu, tariki ya 10 Nzeri 2025, Perezida Mahama yavuze ko abantu bagera kuri 14 bamaze kugera muri Ghana muri ubu buryo, harimo Abanya-Nigeria beshi bamaze gusubira mu bihugu byabo.
Yagize ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika yadusabye kwakira abaturage b’ibindi bihugu birukanwe muri Amerika kandi twemeranyije ko abaturage bo muri Afurika y’Iburengerazuba bashobora kwakirwa hano.”
Gahunda yo kwirukana abimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni imwe mu ngamba zikomeye Perezida wa Amerika, Donald Trump yashyizeho mu rwego rwo gukumira abimukira binjira muri iki gihugu badafite ibyangombwa aho abantu amagana bamaze kwirukanwa berekeza muri Panama, El Salvador, ndetse na Sudani y’Epfo.
Ubu bwumvikane hagati ya Ghana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika buje mu gihe Amerika yazamuye imisoro ku bicuruzwa bya Ghana ndetse ikanagabanya umubare wa visa zitangwa.
Ni mu gihe Nigeria kugeza ubu yanze amasezerano nk’ayo na Amerika.
Muri Kamena, ubwo yasabwaga kwakira Abanya-Venezuela, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Yusuf Tuggar, yatangaje ko igitutu cya Perezida Donald Trump kitazatuma Nigeria yemera kwakira Abanya-Venezuela bafungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!