Kubera imyigaragambyo ikomeje kubera muri Burkina Faso irimo gutwika amazu n’ibikorwa bindi by’urugomo , Ghana yatangaje ko ishobora kuvanayo abaturage bayo bahatuye n’abahakorera.
Minisitiri w’ububanye n’amahanga wa Ghana Madamu Hannah Tetteh yatangaje ko Ghana iteganya gukura abakozi bayo muri Burkina Faso, mu gihe umutekano wakomeza kubura muri icyo Gihugu.
Hannah Tetteh yabitangaje kuri radiyo ya Ghana , tariki ya gatatu Ugushyingo 2014, kandi yakomeje avuga ko Ghana ikurikiranira ibintu hafi bibera muri Burkina Faso.
Mbere yo gutangaza kuri radio ko Ghana ishobora gukura abakozi bayo muri Burkina Faso, minisitiri w’ububanye n’amahanga yari yatangaje ku rubuga rwe rwa twitter ko abakozi ba amabasade ya Ghana muri Burkinafaso bagomba gusaba inzego z’umutekano za Ghana zikabarindira umutekano.
Ibi byatangajwe nyuma yuko imyigaragambyo mishya yadutse i Ouagadougou, ubwo abaturage bigaragambyaga banga ko ubutegetsi bufatwa n’igisirikare nyuma yo guhirika ku butegetsi uwari Perezida Blaise Compaore.
Hannah kandi yongeye kubwira abayobozi bo muri Afurika batifuza kuva ku butegtsi ko bagakwiye kumenya ko ubutegetsi ari ubwabaturage bakubahiriza ibyo babasaba.



















TANGA IGITEKEREZO