Uretse uwapfuye hari abandi 11 bivugwa ko bakomeretse nk’uko itangazo ry’igisirikare ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wacyo muri Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant-colonel Guillaume Ndjike Kaiko, ribivuga.
Rigira riti “Igisasu cya ‘roquette RPG7’ cyari gifitwe n’umusirikare wa FARDC ari mu modoka ya gisirikare cyarashwe mu buryo butagambiriwe nyuma y’aho imodoka yicugushije mu muhanda.”
Abatangabuhamya bavuze ko icyo gisasu cyaguye mu kibuga cy’umupira w’amaguru, abantu 12 barimo abasivile 11 n’umusirikare umwe bagakomereka.
Inkuru ya Radio Okapi ivuga ko abakomeretse bajyanywe ku bitaro by’Intara, umwe agahita ahasiga ubuzima.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!