Ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko ubuyobozi bwa Guinée bwifuza kongera umwaka ku gihe ntarengwa bwari bwarahawe n’Umuryango wo mu Burengerazuba bwa Afurika (CEDEAO).
Ubusanzwe inzibacyuho y’imyaka ibiri yagombaga kurangirana na 2024, icyakora abari ku butegetsi bifuje ko yageza mu mpera za 2025 nk’uko RFI yabyanditse.
Guinée yohereje intumwa mu bihugu bikomeye by’u Burayi nk’u Bufaransa n’u Budage kugira ngo babyumvishe impamvu bashaka kongera igihe cy’inzibacyuho.
Hashize iminsi mike Doumbouya asheshe Guverinoma yagiyeho amaze gufata ubutegetsi mu Ukuboza 2021.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!