00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gushakira amajwi mu gusukura ubwiherero! Ibidasanzwe mu kwiyamamaza muri Kenya

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 4 August 2022 saa 09:48
Yasuwe :

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo muri Kenya batore Perezida uzasimbura Uhuru Kenyatta, abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi na ba guverineri; abiyamamaza bo bakomeje guhanga udushya mu rwego rwo kwikundwakaza kuri rubanda ngo bazabahundagazeho amajwi.

Umukandida Polycarp Igathe, ambaye bote n’uturindantoki afata indobo n’umukoropesho asukura ubwiherero rusange bwo mu nyubako imwe mu mu mujyi wa Nairobi yiyamamariza kuyobora.

Mu busanzwe akazi ko gukora isuku mu bwiherero muri Nairobi gafatwa nk’agasuzuguritse ariko ngo Polycarp Igathe we siko abibona ngo kuri we ni akazi kiyubashye. Yakoresheje amasegonda atarenze 20 mu gusukura ubu bwiherero.

Uyu mugabo n’ubundi utarasibye kurangwaho udushya mu kwiyayamamaza dore ko n’ubundi yigeze kugaragara yoza imodoka, avanga imiziki ndetse anahereza abakiriya icyo kunywa mu kabari.

Utu dushya ariko ntago Igathe ari we wenyine utwihariye kuko na Didmus Barasa nawe yahanze utwe aho kugira ngo yigarurire imitima ya rubanda yahisemo gusiga imodoka ye nziza akajya gutega moto nk’abandi baturage bose.

Ntiyagarukiye aho gusa kuko yanagiye gusangira nabo icyayi muri twa tuzu tw’ibyondo rubanda basanzwe banyweramo yewe anatekera icyayi umukecuru w’imyaka 67 ku mashyiga gakondo y’amabuye atatu.

George Theuri nawe wiyamamariza kuyobora Embakasi West, yakoze agashya ubwo yashyiraga hanze amafoto ye yambaye ikabutura agenda n’ibirenge, ku ifoto ye yanditseho amagambo agaragaza ko yishimiye agace atuyemo, ati “ndi gukunda igihe cyose ndi muri aka gace ntuyemo”.

Aba bagabo si bo bonyine kuko hari na bagenzi babo baciye indi mivuno mu gushakisha amajwi aho baretse guhahira mu maduka ahenze basanzwe bahahiramo bakayoboka abacuruzi bo ku mihanda, abandi bayoboka abahanagurira inkweto ku mihanda ndetse bakanabataka bagira bati ‘kazi ni kazi’ aha baba bashaka kugaragaza ko baha agaciro akazi bakora ndetse ko banabazirikana.

Nubwo aba banyapolitiki biyamamaza ku myanya itandukanye muri Kenya bakomeje kwiyegereza abaturage cyane ngo bazabatore, bo ngo babibona nk’uburyarya.

Hari abagize bati “Aya masoko muza guhahiramo ntimuba muzi aho aba kugeza igihe haziye amatora!”.

Bakomeza bavuga ko uwakwizera aba banyapolitiki yaba ari bwenge buke.

Polycarp Igathe wiyamamariza kuyobora Nairobi yasukuye ubwiherero rusange ngo akunde abone amajwi
Uyu we yayobotse amasoko aciriritse atera umugongo amahahiro manini asanzwe ajyamo
Dismus Barasa yatekeye icyayi umukecuru w’imyaka 67 ku mashyiga gakondo y’amabuye atatu
Yemeye guhanaguza inkweto ku muhanda ngo yisanishe n'abakora aka kazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages