Iyi nama yari iteganyijwe kuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Kanama 2026. Yari igamije kugenzura niba impushya zihariye zo gutwara amapikipiki n’amagare zatanzwe ku bazikoresha mu Mujyi wa Bujumbura atari impimbano.
Byari biteganyijwe ko iyi nama ibera ku Biro bya Guverineri. Abanyonzi n’abamotari bahageze ari benshi, babura aho bakwirwa, basabwa gusubira hanze, ariko biza kurangira inama isubitswe.
Guverineri Ndayikengurukiye yavuze ko ubwitabire bw’abitabiriye ubwo butumire bwabaye bwinshi cyane, bigatuma bidashoboka ko iri genzura rikorwa.
Ati “Twari twatumiye ba nyiri amapikipiki n’amagare bahawe impushya zihariye zo gutwara mu Mujyi wa Bujumbura kugira ngo baze mu nama y’uyu munsi. Intego yari ukugenzura ibyangombwa bahawe.”
Yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko gusuzuma dosiye zose ku munsi umwe bidashoboka, hafashwe umwanzuro wo kuzisuzuma hakurikijwe uturere.
Ati “Mu bice 13 bigize umujyi, buri gice kizagira umunsi wacyo wo kugenzura ibi byangombwa. Gahunda izatangazwa ku mbuga nkoranyabaga cyangwa mu zindi nzira kugira ngo abantu bayimenye.”
Igenzura ry’ibyangombwa by’abanyonzi n’abamotari rije mu rwego rwo kureba niba abemerewe gukorera mu Mujyi wa Bujumbura bafite impushya zemewe, ndetse no kunoza imikorere y’ubwikorezi bukorwa n’amagare n’amapikipiki muri uyu mujyi.
Guverineri wa Bujumbura yavuze ko gahunda yo gusuzuma impushya izakomeza ikorwa mu byiciro, aho buri gace kazagira umunsi wihariye wo kwakirirwaho abafite ibyo byangombwa.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!