Inama idasanwe y’abaminisitiri yateranye kuwa 8 Gashyantare 2017 yemerejwemo ko hashyirwaho urubuga MY.GOV rukajya runyuzwaho amatangazo yose ya leta.
Za Minisiteri zose n’ibigo bya leta byategetswe kunyuza amatangazo ku rubuga rwa guverinoma, ndetse abashinzwe imari bihanijwe ko abazamamaza mu bitangazamakuru byingega, bazasabwa kwishyura amafaranga yabo nk’uko The East Africana yabigarutseho.
Guverinoma ya Kenya itangaza ko guhagarika kwamamaza mu bitangazamakuru byigenga biri mu murongo wo kuzigama amafaranga menshi yatangaga ku mwaka abarirwa muri miliyoni 20 z’amadolari.
Leta ya Kenya ivuga ko itishimiye uruhare rw’ibitangazamakuru na za TV z’ubucuruzi. Byitezwe ko kuri MY.GOV hagomba no gutangazwaho amakuru meza afite akamaro nk’uko leta ibyifuza.



















TANGA IGITEKEREZO