00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guverinoma ya Uganda ishobora gufunga imbuga zerekana amashusho y’urukozasoni

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 6 July 2023 saa 11:08
Yasuwe :

Bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kuri uyu wa gatatu basabye Guverinoma gufunga imbuga zose za Internet zinyuzwaho amashusho y’urukozasoni, mu rwego rwo kurinda umuryango by’umwihariko urubyiruko.

Byavuzweho kuri uyu wa Gatatu ubwo Minisitiri w’Ikoranabuhanga Dr Chris Baryomunsi yitabaga Komisiyo y’Inteko ishinzwe abana.

Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Thomas Tayebwa yavuze ko ntacyo Guverinoma ya Uganda yahomba mu gufunga imbuga zinyuzwaho amashusho y’urukazasoni.

Ati “Abana bacu babangamiwe n’amashusho yabo arimo ubugizi bwa nabi (cartoons), abangavu bacu birirwa bahura n’amashusho y’urukozasoni. Ngaho mumbwire icyo twahomba turamutse dufunze imbuga zinyuzwaho amashusho y’urukozasoni? Filime z’ubusambanyi ziri kutwicira abana.”

Tayebwa yatanze urugero ku bihugu bigendera ku mahame ya Islam, aho imbuga zerekana amashusho y’urukozasoni zifungwa kandi ntibigire ingaruka ku bukungu bwabyo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages