Guhera kuwa mbere muri Zimbabwe hari imyigaragambyo yatewe n’izamuka rihanitse ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byikubye kabiri. Lisanzi yavuye ku $1.24 igera ku $3.31 kuri litiro imwe naho mazutu iva kuri $1.36 igera kuri $3.11
BBC yatangaje ko icyateye iri zamuka ni icuruzwa ry’ibikomoka kuri peteroli mu buryo butemewe n’amategeko byatumye ibura.
Ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu riravuga ko byibuze abantu 12 baguye muri iyi myigaragambyo abandi barakubitwa bikomeye.
Iri huriro rishinja ubuyobozi gukuraho interineti mu rwego rwo guhisha ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bishobora gukwirakwizwa hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.
Muri iki cyumweru interineti yakuweho mu gihugu hose, gusa ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu yongeye kugarukaho ariko imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter na WhatsApp ntizikora.
Guverinoma ya Zimbabwe yanenze bikomeye abatavuga rumwe nayo bari inyuma y’iyi myigaragambyo yateje uguhangana gukomeye hagati y’abaturage na Polisi mu murwa mukuru Harare no mu mujyi wa Bulawayo, nyuma y’uko batwitse amapine bakanafunga imihanda.
Ibigo by’amashuri n’ubucuruzi butandukanye bwarafunze naho abasirikare barinze sitasiyo z’ibikomoka kuri peteroli ahari umurongo munini w’ibinyabiziga.
Umuryango w’abibumbye wasabye guverinoma kudakoresha imbaraga z’umurengera mu guhangana n’abigaragambya, zirimo gukoresha amasasu, no gusaka ingo z’abantu mu gihe cya ninjoro.



















TANGA IGITEKEREZO