00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibicurane by’inkoko muri Afurika y’Epfo byatumye amashami ya KFC muri Lesotho afungwa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 27 October 2023 saa 09:07
Yasuwe :

Ikigo cyamenyekanye mu bijyanye no guteka, KFC cyafunze amashami yacyo yose muri Lesotho nyuma y’indwara y’ibicurane by’inkoko yagaragaye muri Afurika y’Epfo bihana imbibi.

KFC izwi cyane kubera ifiriti yayo n’inyama z’inkoko icuruza kandi akenshi bigakorwa ku giciro gito.

Umwanzuro wo guhagarika KFC muri Lesotho waturutse ku cyemezo giherutse gufatwa na Guverinoma y’icyo gihugu, cyo guhagarika kwinjiza mu gihugu inkoko ziturutse muri Afurika y’Epfo.

Byahise bikoma mu nkoko KFC dore ko inkoko zifashishwaga muri Lesotho zaturukaga muri Afurika y’Epfo.

Ibihugu byinshi byo muri Afurika y’amajyepfo bimaze iminsi bihagarika kwinjiza inkoko zo muri Afurika y’Epfo kubera ibicurane by’ibiguruka mu nkoko. Nka Mozambique nayo iherutse kubuza abantu kurya inkoko 45 000 zari zinjijwe nyuma yo kuvumbura ko zirwaye icyo cyorezo.

KCF yahagaritse ibikorwa muri Lesotho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages