00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ihuriro rya Kabila ryateguje imyigaragambyo karundura muri RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 December 2023 saa 06:32
Yasuwe :

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki rya FCC (Front Commun pour le Congo) riyobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ryateguje imyigaragambyo ikaze nyuma y’amanyanga yabaye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yo ku wa 20 Ukuboza 2023.

Nyuma y’ibibazo birimo ubukererwe bwabaye muri aya matora no kuba ibiro by’itora bitafunguwe bigatuma amatora yimurirwa ku wa 21 Ukuboza, FCC yatangaje ko ibyabaye ari akavuyo kandi ko “umunyagitugu” Perezida Félix Tshisekedi uhatanira manda ya kabiri ari we wabiteye byose.

Iri huriro risobanura ko Tshisekedi yaburiwe kenshi ko aya matora ashobora kuzabonekamo inenge nyinshi, ariko aho kugira ngo ashake uburyo yazikumira, yavuniye ibiti mu matwi.

FCC yagize iti “Bigaragara ko ubwoba bwose FCC yagaragarije abari ku butegetsi bwabaye impamo. Ni amatora y’akavuyo yategujwe kenshi na FCC yabaye uyu munsi.”

Riremeza ko kuri site zirenga 50% hatabereye amatora kuko zitafunguwe ku wa 20 Ukuboza, imashini z’itora kuri site zirenga 30% zakoraga nabi, ahandi ibiro by’itora byashyizwe ahatari hateganyijwe hagamijwe kwiba amajwi.

FCC iravuga ko ibyo yabonye ku munsi w’amatora ari agahomamunwa kandi ko byasebeje igihugu. Yagaragaje ko icyari kigamijwe ari ukugira ngo umukandida uri ku butegetsi, ari we Tshisekedi, ahabwe amajwi, akomeze ayobora igihugu yananiwe gushyira ku murongo.

Yaboneyeho guteguza abayoboke ba FCC ko mu minsi iri imbere izakora ibishoboka ijwi ryayo rikumvikana, binyuze mu myigaragambyo yo kwamaganira mu gihugu hose amabi ihamya ko yabereye muri aya matora.

FCC yigeze gusaranganya imyanya mu nzego zitandukanye z’igihugu n’ihuriro ryitwaga CACH ryari ryarashinzwe na Tshisekedi, hashingiwe ku bwumvikane uyu Mukuru w’Igihugu yari yaragiranye na Kabila mu 2018.

Ubufatanye bw’aya mahuriro bwahagaze mu 2020, biturutse ku cyemezo Tshisekedi yafashe. Icyo gihe FCC yatakaje imyanya myinshi, haba muri Guverinoma no mu Nteko Ishinga amategeko, umubano w’aba bombi ushyirwaho akadomo.

Joseph Kabila yari inshuti magara na Perezida Félix Tshisekedi ariko baza gucana umubano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages