Itsinda ryiyise Mysterious Team ryatangaje ko ari ryo riri inyuma y’ibyo bitero ribinyujije mu butumwa ryanyujije kuri Twitter.
Umuvugizi wa Guverinoma Abdou Karim Fofana, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko bari gukora ibishoboka byose ngo izo mbuga za Leta zigaruke.
Kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, urubuga rwa Perezida nirwo rwonyine rwagaragaraga mu gihe izindi zirimo iza Minisiteri zari zavuyeho.
Ubutumwa bwakoreshejwe n’abo bajura mu by’ikoranabuhanga kuri Twitter burimo amagambo ‘FreeSenegal’ busanzwe bwifashishwa n’abatavuga rumwe na Leta muri iyi minsi.
Muri Sénégal hari umwuka utameze neza muri iyi minsi mu gihe hitegurwa amatora ya Perezida azaba mu mwaka utaha. Abatavuga rumwe na Leta bafite ubwoba ko Perezida Macky Sall ashobora kuziyamamariza manda ya gatatu atemererwa n’Itegeko Nshinga.
Mysterious Team yiyemerera ko yakuyeho imbuga za Leta, yagaragaje ko ikorera muri Bangladesh nk’uko Reuters yabitangaje.
Iri tsinda si ubwa mbere rivuzwe mu gukuraho imbuga z’ibigo bya Leta kuko mu minsi ishize ryakuyeho imbuga za Minisiteri y’ubuzima muri Ethiopia n’ibitangazamakuru mu Buhinde.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!