Ni imirwano yatangiranye n’icyumweru muri Teritwari ya Nyiragongo, aho buri ruhande rushinja urundi kurushotora, dore ko impande zombi zari zariyemeje gutanga agahenge zigakurikiza imyanzuro yafashwe n’ibihugu bigize akarere.
Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) ziherutse gutangaza ko iyo mirwano yadutse ihabanye n’amasezerano impande zombi ziyemeje gushyira mu bikorwa yo guhagarika intambara, hagatangira uburyo bwo guhosha amakimbirane mu mahoro. Ni imirwano yaguyemo umusirikare wa Kenya uri mu bashinjwa gukurikirana ibyo guhagarika intambara.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane abinyujije kuri Twitter, yatangaje ko ingabo za Leta zaramutse zibarasaho muri Kibumba, Buhumba na Shonyi, kandi ko bakora uko bashoboye bakirwanaho.
Leta ya Congo yanze kuganira n’umutwe wa M23 ahubwo usaba ko abawugize bajya mu bigo bateguriwe bagasubizwa mu buzima busanzwe, ibintu M23 idakozwa.
Imirwano yadutse mu ntangiriro z’Ukwakira 2023 ihereye mu duce twa Masisi ahagenzurwaga n’ingabo za EAC. M23 yashinje uwo muryango kwemerera ingabo za Congo gusubira muri utwo duce kandi batabyemeranyijeho, no kujya guhohotera abaturage badutuyemo cyane cyane abavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!