00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imirwano yubuye hagati ya M23 na FARDC i Kitchanga

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 15 October 2023 saa 03:44
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru imirwano yubuye hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zishyigikiwe n’imitwe yitwaje intwaro yishyize hamwe ikiyitwa ‘Wazalendo’.

Ni imirwano yabereye mu gace ka Bwiza muri Kitchanga muri teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aka gace kari kamaze iminsi kigaruriwe n’uruhande rwa Leta, kazwiho guturwamo n’abaturage benshi bavuga Ikinyarwanda bazwi nk’aba-Rwandophones by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi bamaze iminsi bibasirwa muri Congo.

Bivugwa ko uruhande rwa FARDC arirwo rwatangije imirwano kuri iki Cyumweru, M23 ikabasubiza inyuma.

Umuvugizi wa M23, Willy Ngoma yatangaje ko uruhande rwa FADDC rwahatakarije bikomeye.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa abinyujije kuri Twitter, yavuze ko isomo bahaye FARDC n’abayishyigikiye bikwiriye gutuma Leta ya Congo yemera ibiganiro.

Ati “Turasaba Tshisekedi kwigira ku isomo ryatanzwe na M23 muri iki gitondo mu gace ka Bwiza, ikariha FARDC n’abambari bayo nka Mai Mai, FDLR n’abacanshuro. Bikwiriye gutuma abona ko ingufu za gisirikare atari zo gisubizo kuri iki kibazo.”

Guhera tariki 1 Ukwakira nibwo ingabo za Congo n’imitwe izifasha batangije imirwano yo kwigarurira uduce twahozemo M23 muri Kivu y’Amajyaruguru, tukaba twari mu maboko y’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba.

Leta ya Congo yarahiye ko itazajya mu biganiro na M23 mu gihe uwo mutwe nawo uvuga ko utazarambika intwaro hasi batagiye mu biganiro.

Agace ka Kitchanga niko kabereyemo imirwano kuri iki Cyumweru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages