00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imirwano yubuye hagati ya M23 na FARDC mu bilometero 60 uvuye i Goma

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 13 November 2023 saa 12:12
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, imirwano yubuye hagati y’Igisirikare cya Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro bafatanya ndetse n’Umutwe wa M23 mu gace ka Bambo muri teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru.

Bambo ni agace kari mu Majyaruguru ya Goma, mu bilometero hafi 60 uvuye muri uwo mujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru.

Ni agace kegereye Kishishe, aho Leta ya Congo yigeze kuvuga ko habereye ubwicanyi ndengakamere nyamara ubushakashatsi bukaza kugaragaza ko byari ibinyoma.

M23 yatangaje ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, ingabo za Congo zabarasheho.

Major Willy Ngoma uvugira uwo mutwe abinyujije kuri ‘X’ yagize ati “ Mu gitondo cya kare, ihuriro ririmo ingabo za Leta zateye ibirindiro byacu muri Bambo. M23 iri kwirwanaho ari nako itabara abaturage.”

Bambo iri mu duce M23 yari yaravuyemo ubwo Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zinjiraga muri Congo kumvikanisha impande zombi.

M23 yongeye kwisubiza utwo duce guhera mu Ukwakira uyu mwaka, ubwo ingabo za Leta zatujyagamo zigahohotera abaturage, ingabo za EAC zirebera.

Kuva ubwo, imirwano irakomeje hagati ya FARDC na M23 muri teritwari nini za Kivu y’Amajyaruguru nka Masisi, Rutshuru na Nyiragongo.

Agace ka Bambo imirwano iri kuberamo, kari mu birometero 60 uvuye i Goma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages