00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impunzi z’Abanyasomalia zisaga 100 zaheze muri Kenya kubera icyemezo cya Trump gikumira abimukira

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 February 2017 saa 07:04
Yasuwe :

Abanyasomalia basaga 100 biteguraga kwereka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iki cyumweru baheze mu nkambi i Nairobi muri Kenya ku bwo gukomwa mu nkokora n’iteka rya Trump rikumira abakomoka mu bihugu by’Abayisilamu birimo Somalia.

Aba baturage bari bamaze igihe kinini bitegura kwimukira muri Amerika icyizere cyabo cyayoyotse kubera iteka rya Trump ritabemerera gukandagira kuri ubu butaka.

Impunzi zisaga ibihumbi 25 zo muri Somalia kimwe mu bihugu byayogojwe n’inzara, ubukene n’intambara nibo bari mu myiteguro yo kujya gushakira ubuzima muri Amerika.

Benshi muri bo bafite ubwoba ko igisigaye ari ugusubira iwabo mu gihe bari barahawe ibyangombwa byuzuye n’inzego zitandukanye za Amerika.

Umwe muri bo yagize ati “Trump yaradukomerekeje .”

Kenya icumbikiye impunzi nyinshi z’Abasomali biganjemo ababayeho ubuzima buteye inkeke, batotezwa, bafungwa bagakubitwa bya hato na hato , banenwa bituma bashyirwa mu nkambi cyangwa bagafungiranwa muri za sitade nk’uko inkuru ya The Newyork times ibitangaza.

Abanyakenya barebera Abasomali mu ndorerwamo y’iterabwoba bituma bahoraga barota porogaramu za Amerika zajyanaga abatari bake buri mwaka.

Kugeza ubu abagera ku 100 bari baremerewe kugenda bameze nk’abafungiye mu nkambi kuko nta byangombwa bibemerera kwidegembya muri Kenya bafite.

Bamwe mu Banyasomalia bari biteguye kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakumiriwe n'iteka rya Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages