00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Lusenda muri Congo ntizizeye umutekano

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 25 January 2016 saa 03:23
Yasuwe :

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Lusenda hafi y’umupaka uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zihangayikishijwe bikomeye n’umutekano wazo, kuko zikeka ko zazagirirwa nabi.

Umubyeyi w’ abana batandatu muri iyi nkambi ya Lusenda mu Burasirazuba bwa DRC yavuze ko, nubwo bahunze igihugu bakajya mu nkambi y’impunzi, bafite ubwoba bw’’Imbonerakure’.

Yagize ati “Nubwo turi hano, dufite ubwoba bw’Imbonerakure,urubyiruko rushyigikiwe n’ubutegetsi…turifuza mu by’ukuri kujyanwa kure y’umupaka”.

Nk’uko New Vision ibitangaza,iyi nkambi y’impunzi irimo abagera ku bihumbi 14, ikaba iherereye mu birometero 70 uvuye ku mupaka w’u Burundi.

Umukobwa w’imyaka 20 na we yavuze ko afite ubwoba ko iyi nkambi y’impunzi yazaterwa,kuko bakunda kubona bamwe mu bashinzwe umutekano b’u Burundi ku muhanda munini uri hafi y’iyo nkambi, bikabatera ubwoba.

Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe kwita ku mpunzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Berthe Zinga, yavuze ko iki gihugu kititeguye kubaka indi nkambi yo kwimuriramo impunzi z’Abarundi. Yagaragaje ahubwo ko inkambi ya Lusenda ifite ubushobozi bwo kwakira impunzi ibihumbi 20.

Guhera muri Mata 2014, nyuma y’aho bimenyekaniye ko Nkurunziza azongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi, Umuryango w’Abibumbye utangaza ko abasaga ibihumbi 200.000 bamaze guhunga igihugu.

Izi mpunzi zivuga ko zitewe ubwoba n'urubyiruko rw'imbonerakure

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages