Ingabo z’Umuryango w’Abibubye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) , zashimiye ingabo z’u Rwanda ubufasha zahaye aba banyeshuri, zibinyujije kuri Twitter.
Aba banyeshuri bahawe ibikoresho birimo amakayi, ni abahungiye imbere mu gihugu bitewe n’umutekano muke uri muri Sudan y’Epfo, ariko bakaba bari kumwe n’abarimu babo mu nkambi.
Uretse guhabwa ibikoresho byo mu ishuri, bahawe udupfukamunwa, banakangurirwa kurushaho kwirinda Covid-19.
Hejuru yo kubungabunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo zigira uruhare mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage bo muri iki guhugu nko kububakira, gutanga ubuvuzi n’ibindi.
Kugeza ubu u Rwanda rufite batayo eshatu z’abasirikare bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo ndetse n’itsinda ry’abandi bakoresha indege.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!