Guhera kuri iki Cyumweru Ingabo za Kenya zari mu za EAC zatangiye gutaha, nyuma y’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze kuvugurura amasezerano yongerera izo ngabo igihe cyo kuguma muri icyo gihugu.
Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Felix Kulayigye,yabwiye Kiss FM dukesha iyi nkuru, ko bo ingabo zabo zitaratangira gutaha kuko zitegereje amabwiriza mashya.
Yagize ati “Twe ntabwo turatangira gutaha, dutegereje amabwiriza mashya. Nk’uko tujyayo twahawe amabwiriza no kuvayo cyangwa kugumayo tuzategereza andi mabwiriza. Mu gisirikare, iyo nta mabwiriza mashya yatanzwe, ukurikiza ayari asanzweho. Tuzagumayo rero kugeza igihe batubwiriye gutaha.”
Kulayigye yavuze ko icyo ingabo za Uganda zishaka ari amahoro mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo ngo abaturage b’ibihugu byombi babashe guhahirana.
Biteganyijwe ko manda y’ingabo za EAC muri Congo izarangira kuwa Gatanu tariki 8 Ukuboza 2023.
Brig Felix Kulayigye kandi yavuze ku byatangajwe kenshi na Leta ya Congo, ko icyo yari yiteze ku ngabo za EAC kitakozwe aricyo kurwanya M23.
Kulayigye yeruye ko ingabo za EAC zitagiye muri Congo kurwana, kuko umuzi w’ibibazo bya Congo ari impamvu za politiki.
Ati “Ntabwo inshingano zacu zari ukurwana, ahubwo byari ugutuma habaho uburyo bwakorohereza ibiganiro bya politiki. Ibyo bijyanye na politiki byarebaga cyane Guverinoma ya Congo n’abo bahanganye."
"Byaje kugaragara ko hari abakekaga ko twagiye kurwana M23. Ntabwo tubona ko M23 aricyo kibazo, ikibazo dukeka ko ari icya politiki kandi gikeneye igisubizo cya politiki.”
Uganda yohereje ingabo 1000 mu butumwa bwa EAC muri Congo, icyakora isanganyweyo izindi 9000 zifatanya na Leta y’icyo gihugu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo ADF.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!