00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingendo z’indege ziva muri Libya zijya mu Butaliyani zasubukuwe nyuma y’imyaka icumi

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 1 October 2023 saa 01:21
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka icumi zihagaritswe, ingendo z’indege ziva muri Libya zerekeza mu Butaliyani zongeye gusubukurwa kuri uyu wa Gatandatu.

Mu 2014 nibwo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wahagaritse izo ngendo ubwo imirwano yari imeze nabi muri Libya.

Indege ya sosiyete Medsky Airways niyo yahagurutse muri Libya kuri uyu wa Gatandatu irimo abagenzi batanu nk’uko Africa News yabitangaje. Iyi sosiyete izajya ikorera ingendo ebyiri mu cyumweru mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani.

Mu myaka ishize abagenzi bavuye muri Libya bagiye mu Butaliyani, byabasabaga kunyura mu mijyi nka Tunis muri Tunisia, Istanbul muri Turikiya cyangwa i Cairo mu Misiri.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages