00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inkongi yibasiye isoko ryo muri Kenya ihitana ubuzima bwa benshi

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 28 June 2018 saa 01:25
Yasuwe :

Inkongi yibasiye isoko rya Gikomba riri mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, yahitanye ubuzima bw’abagera 15, abandi barakomereka ndetse n’ibicuruzwa byinshi birashya.

Iyi nkongi yafashe isoko mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 28 Kamena 2018 gusa icyayiteye ntabwo kiramenyekana. Bivugwa ko umuriro watangiye kuba mwinshi ahagana saa munani n’igice z’ijoro (isaha ya Kenya) ugakongeza ibice by’isoko birimo igituwemo n’ahacururizwa ibintu bitandukanye.

Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibitaro Bikuru bya ‘Kenyatta Nation Hospital’, Thomas Mutie, yahamije ko abamaze gupfa ari 15 ariko hari abandi bagera kuri 70 bari kwitabwaho n’abaganga. Guverinoma ni yo ishobora kuzishyura serivisi z’ubuvuzi bari guhabwa.

Mu byangiritse harimo inzu 15 zo guturamo hamwe n’ibicuruzwa bibarirwa muri za miliyoni z’amashilingi. Inzego z’umutekano zahise zitangira gutabara mu gihe hagikorwa iperereza ku cyateye iyi nkongi.

Iri soko ryafashwe n’inkongi ni rimwe mu manini muri Kenya bivugwa ko mu bapfiriyemo harimo abana bane. Ibinyamakuru byo muri Kenya byatangaje ko kuva mu 2012, iri soko rikunze kwibasirwa n’inkongi.

Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare, Croix Rouge, muri Kenya ryatangaje ko ryashyizeho uburyo bwo kwita ku bantu bashaka ababo bari muri iri soko ubwo ryafatwaga n’inkongi no kubaha ubundi bufasha.

Umuriro watangiye gusakara mu bice bigize isoko bicururizwamo imyenda ahagana saa munani z'ijoro
Isoko rya Gikomba ryafashwe n'inkongi yaguyemo abagera kuri 15, mu gihe 70 bakomeretse
Inzego z'umutekano zatabaye bwangu ubwo isoko rya Gikomba ryafatwaga n'inkongi
Abashinzwe ubutabazi bwihuse bagerageza kuzimya umuriro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages