00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara yaba igiye kongera kurota muri Tigray?

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 September 2026 saa 09:06
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka hafi ine Amasezerano ya Pretoria ahagaritse intambara yari imaze imyaka ibiri muri Tigray, ibimenyetso by’uko aka karere ko mu majyaruguru ya Ethiopia gashobora kongera kwinjira mu ntambara birushaho kwiyongera.

Ku wa 1 Kanama 2026, imirwano ikomeye yongeye kubura hafi ya Shererina, mu burengerazuba bwa Tigray hafi y’umupaka wa Sudani. Ingabo za Tigray, TDF, ziyobowe na Tigray People’s Liberation Front (TPLF), zarwanye n’Ingabo za Ethiopia, ENDF, umutwe wa Tekeze Zeb na Polisi yo mu Ntara ya Amhara.

Ibisasu byageze no hakurya y’umupaka muri Sudani. Iyo mirwano yakurikiwe no kongera kohereza no gukusanya ingabo mu duce dutandukanye twa Tigray.

Nubwo imvururu ziheruka zitari zagera ku rwego rw’intambara yo mu 2020 na 2022, ibitero bya drones n’imirwano yibasiye ahantu hafi ya Mekele birerekana ko umutekano wongeye kujya mu kaga.

Ikigo kigenzura intambara n’amakimbirane, ACLED, kivuga ko ingabo za Leta ya Ethiopia zisa n’izikoresha uburyo bwo kwirwanaho, cyane cyane hifashishijwe ibitero byo mu kirere aho gutangiza ibitero bikomeye byo ku butaka.

Ikibazo gikomeye kiri hagati y’impande zombi ni Welkait, agace ko mu burengerazuba bwa Tigray katumvikanwaho hagati ya Tigray na Amhara. Mbere ya 2020 kari kayobowe nka kamwe mu bice bya Tigray, ariko kafashwe n’ingabo za Amhara mu gihe cy’intambara.

Amasezerano ya Pretoria yasabaga ko ikibazo cy’uturere tutavugwaho rumwe gikemurwa hakurikijwe Itegeko Nshinga, ariko kugeza ubu ikibazo cya Welkait ntikirakemuka.

Ikindi giteye impungenge ni icyerekezo TPLF ishobora gufata. ACLED yari yaragaragaje ko nyuma yo kongera gukaza igenzura muri Tigray, ishobora kugerageza kongera gufata uturere two mu burengerazuba, ibintu Leta ya Ethiopia ifata nk’umurongo utagomba kurengwa.

Abasesenguzi bavuga ko Amasezerano ya Pretoria agishobora kurokorwa binyuze mu biganiro bya politiki no gukemura ibibazo birimo Tigray y’Uburengerazuba no gutahuka kw’abakuwe mu byabo.

Tigray ikomeje kuba ikibazo iherereye mu Majyaruguru hafi y’Umupaka wa Sudani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages