00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishyaka rya Kabila rishobora gutorwamo Minisitiri w’Intebe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 3 March 2019 saa 04:06
Yasuwe :

Umunyamabanga uhoraho w’Ishyaka (PPRD), Ramazani Shadary, uheruka gutsindwa amatora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko Minisitiri w’Intebe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko bazava mu ishyaka rye.

Shadary yabibwiye Abadepite batorewe guhagararira Ishyaka rye mu Nteko Ishinga Amategeko ku rwego rw’Igihugu n’Intara, ubwo bari i Kinshasa kuri uyu wa 2 Werurwe.

Shadary yavuze ko ishyaka PPRD ariryo rifite imyanya myinshi (116), kandi rikaba riri rigize ihuriro Front commun pour le Congo (FCC) riyobowe na Joseph Kabila uheruka kuyobora iki gihugu.

Ati “Amajwi yabazwe yerekana ko PPRD igomba kuyobora Guverinoma ikishyira hamwe n’ihuriro Cach [ryashinzwe na Perezida Tsishekedi]” yongeraho ko kuba ari ryo rifite Abadepite benshi biriha n’amahirwe yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko.

Abakurikiranira hafi Politiki y’iki gihugu bavuga ko rivuyemo Minisitiri w’Intebe na Perezida w’Inteko byatuma Kabila akomeza kugira ijambo mu byemezo by’umutekano, ubukungu, Politiki, ububanye n’amahanga, imibereho y’abaturage n’amavugurura y’ibigo bya Congo.

Ubwo Perezida Tsishekedi yatangazaga gahunda idasanzwe y’iminsi 100 ku wa 2 Werurwe, humvikanye amajwi menshi y’abamusaba ko muri guverinoma nshya atazagaruramo abari inshuti za hafi na Kabila.

Itegeko Nshinga rya DRC riteganya ko Minisitiri w’Intebe kimwe na Perezida w’Inteko Ishinga amategeko bashyirwaho n’ihuriro ry’amashyaka rifite imyanya myinshi y’Abadepite mu Nteko.

Cach rya Felix Tshisekedi na Vital Kamerhe, rifite imyanya 47, Lamuka rishyigikiwe na Martin Fayulu watsinzwe mu matora ya Perezida rifite imyanya 97 irimo 22 ya MLC ya Jean-Pierre Bemba, umunani ya Martin Fayulu na 63 ya Ensemble rya Moise Katumbi.

Ramazani Shadary aheruka gutsindwa mu matora y'Umukuru w'Igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages