00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jean-Pierre Bemba warekuwe na ICC aziyamamaza kuyobora RDC

Yanditswe na Iradukunda Desire
Kuya 14 July 2018 saa 11:08
Yasuwe :

Jean Pierre Bemba uherutse gufungurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) muri Kamena, yatangaje ko azitabira amatora ya Perezida wa Repubulika ya Congo (RDC), yo ku wa 23 Ukuboza 2018, nk’umukandida w’ishyaka riharanira kubohora Congo (MLC).

RFI yatangaje ko nyuma yo gufungurwa kwa Bemba wigeze kuba Visi Perezida wa RDC, abayoboke b’ishyaka rye, batangaje ko uyu mugabo w’imyaka 56 ari we mukandinda uzahagararira iri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora.

Ibi byatangarijwe muri Kongere y’iri shyaka yabaye kuri uyu wa Kane ikanitabirwa n’abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta ya Kinshasa, barimo Felix Tshisekedi w’ishyaka rya UDPS, Emmanuel Shadary wa PPRD na Vital Kamerhe w’ishyaka rya UNC.

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka rya MLC, Eva Bazaiba, afungura iyi nama y’abayoboke b’iri shya, yasabye amashyaka yose atavuga rumwe n’ubutegetsi kwihuza bagakorera hamwe hagamijwe ko bakwegukana intsinzi muri aya matora.

Bemba abinyujije kuri telefoni yashimiye abayoboke b’ishyaka rye ku cyizere bamugiriye abizeza ko mu minsi mike bazaba bari kumwe i Kinshasa. Biravugwa ko Jean Pierre Bemba yaba yahawe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, pasiporo y’abadipolomate kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Nyakanga 2018.

Jean Pierre Bemba Gombo yari umucuruzi ukomeye mu gihe Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yari ikitwa Zaïre ku butegetsi bwa Mobutu Sese Seko. Uyu mugabo yabaye umwe muri ba Minisitiri w’intebe wa Congo kuwa 17 Nyakanga 2003 kugeza 2006.

Jean Pierre Bemba aziyamamariza kuyobora RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages