00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kaniki wa Twirwaneho yemeza ko gutsemba Abanyamulenge biri mu cyiciro cya nyuma

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 18 July 2025 saa 03:06
Yasuwe :

Perezida w’umutwe wa MRDP-Twirwaneho akaba n’Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC ushinzwe ubukungu n’imari, Freddy Kaniki Rukema, yatangaje ko ibikorwa by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo gutsemba Abanyamulenge biri mu cyiciro cya nyuma.

Mu kiganiro n’umushakashatsi Dr. Bojana Coulibaly, Kaniki yasobanuye ko kuva mu 2017 ubwo Leta ya RDC yatangiraga kugaba ibitero ku Banyamulenge batuye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, imidugudu yabo 357 yatwitswe irakongoka, basahurwa inka zirenga ibihumbi 700.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi, twatakaje imidugudu 357, yaratwitswe irangokoka. Inka zirenga ibihumbi 700 zarasahuwe, inzuri na zo zaratwitswe. Abanyamulenge bose muri Congo baba mu duce twa bonyine nko mu nkambi z’impunzi. Tuba muri Rurambo, Bijombo na Minembwe.”

Kaniki yasobanuye ko muri Minembwe nta munyu uhaba, nta sukari, nta sabune cyangwa amavuta kubera ko bafungiwe inzira banyuragamo bajya ku masoko, kandi ko n’indege igerageza kubashyira ubufasha, Leta ya RDC ihita iyirasa nk’uko byagenze tariki ya 30 Kamena 2025.

Ahamya ko nta kandi gace Leta yoherejemo ingabo nyinshi nko mu misozi miremire ya Minembwe, kandi ko icyo igamije atari ugucungira umutekano Abanyamulenge bahatuye, ahubwo ko ishaka kurangiza umugambi wo kubatsemba.

Ati “Nta kandi gace karimo ingabo nyinshi nk’imisozi miremire ya Minembwe. Vuba mu byumweru bibiri bishize, bohereje 15000 bava Kalemie, banyura Uvira, baza mu misozi miremire. Aho umwanzi ni nde? Ni iki cyo kuhafata? Umurongo w’urugamba ubu ni Kamanyola ariko ntabwo bohereza ingabo muri Kamanyola, bazohereza muri Minembwe kubera ko hari abantu bashaka gutsemba.”

Kaniki yagaragaje ko nyuma y’imyaka umunani Abanyamulenge bagabwaho ibitero, kuri iyi nshuro Leta ya RDC iri mu cyiciro cya nyuma cyo kubatsemba bose, yifashishije ingabo zibarirwa mu bihumbi yohereje mu misozi miremire ya Minembwe.

Yagize ati “Itsembabwoko ryatangiye mu 2017 ubu riri mu cyiciro cya nyuma, bashaka kurangiza ibyo batangiye, naho ubundi nta yindi mpamvu baba bafite yo kohereza ingabo muri Minembwe, ahari abaturage basigaye.”

Muri Gashyantare 2025, ingabo za RDC zagabye igitero gikomeye ku buyobozi bwa Twirwaneho, zica uwari umuyobozi wayo mu rwego rwa gisirikare, Brig Gen Michel Rukunda wamenyekanye nka Makanika.

Kaniki yasobanuye ko nta shingiro ryari rihari ryo kwica Brig Gen Makanika kuko atagabaga ibitero ku ngabo za Leta, ahubwo ko yayoboraga abarwanyi ba Twirwaneho basanzwe barinda umutekano w’Abanyamulenge.

Perezida wa Twirwaneho, Freddy Kaniki, yatangaje ko ingabo ibihumbi zoherejwe mu misozi miremire ya Minembwe zishaka gutsemba Abanyamulenge bose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages