00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Abaganga bamwe bambara ‘mask’ inshuro ebyiri mu gihe zigomba gukoreshwa rimwe gusa

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 3 May 2020 saa 09:01
Yasuwe :

Umubare munini w’abaganga muri Kenya byabaye ngombwa ko wifashisha inshuro ya kabiri ibikoresho ubusanzwe byambarwa rimwe iyo bita ku barwayi.

Abaganga muri iki gihe cyane ahari abarwayi ba COVID-19, baba bambaye imyambaro ibahisha isura yose, nyuma yo kuvura umurwayi, bakayikuramo bagahita bayijugunya.

Ihuriro rishinzwe gukurikirana ibijyanye n’amategeko n’imyitwarire muri Kenya, Kelin, ryatangaje ko abaganga benshi baganiriye, bavuze ko nta bikoresho bahabwa na Guverinoma mu buryo buhoraho.

Abangana na 17.8% nibo bonyine bavuze ko bahabwa mu buryo buhoraho ibikoresho bibarinda.

Hejuru y’icya kabiri cy’abaganga baganirijwe, bavuze nta mahugurwa bahawe abafasha kwita ku muntu wagaragayeho Coronavirus.

Dr Michel Yao ukuriye gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi muri OMS, yabwiye BBC ko mu gihe abaganga batahuguwe, bashobora gukora amakosa yashyira ubuzima bwa benshi mu kaga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages