00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Amaso ahanzwe Raila Odinga nyuma y’intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Yanditswe na Herve Ugirumukunda
Kuya 31 October 2017 saa 07:40
Yasuwe :

Abanyakenya bategerezanyije amatsiko imigambi y’umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta, Raila Odinga, nyuma yo kubuza abamushyigikiye kwitabira amatora yasize Perezida Uhuru Kenyatta yongera gutorwa mu cyumweru gishize.

Amatora yabaye ku wa Kane yahesheje intsinzi Uhuru Kenyatta n’amajwi 98%, ariko iyo ntsinzi benshi bayifashe nk’isharira dore ko yitabiriwe na 38.8% gusa, ibintu bikurura ibibazo ku cyizere akwiye guhabwa.

Mu ijambo rye nyuma yo gutsinda, Uhuru Kenyatta yavuze ko bihaye gihamya cy’uko no mu yabaye ubwa mbere muri Kanama yari yaratsinze. Ati “ Ibyabaye ni gushimangira ugushaka kw’abaturage.”

AFP yatangaje ko Uhuru yemeye ko ibyavuye mu matora ku nshuro ya kabiri bishobora kongera kuregerwa mu nkiko.

Amatora yo mu cyumweru gishize yabaye mu myigaragambyo yiganjemo ubugizi bwa nabi, aho abashyigikiye Odinga bamaze iminsi ibiri bahanganye n’inzego z’umutekano abantu icyenda bagapfa.

Kugeza ubu Odinga ntacyo aravuga ariko yatangaje ko ku wa Kane azagira icyo atangariza abamushyigikiye. Byatumye umutekano ukazwa ahantu henshi mu Mujyi wa Nairobi cyane cyane mu duce tw’akajagari aho abigaragambya bakunda gutwika amapine bagafunga imihanda.

Umwe mu badashyigikiye Kenyatta yabwiye itangazamakuru ko bafite umujinya ariko bakaba bategereje ijambo Raila Odinga azababwira.

Ati “Abantu ntibishimye. Ni gute batangaza ibyavuye mu matora kandi mu ntara enye bataratoye? Ntabwo byemewe n’amategeko. Dutegereje kumva ibyo Raila azavuga, azatwereka icyo tugomba gukora.”

Nubwo Odinga yari yashoboye gusaba ko ibyavuye mu matora yo muri Kanama biteshwa agaciro, yaje kwivana mu matora yabaye ku nshuro ya kabiri avuga ko afite impungenge ko atazaba mu mucyo.

Kuri ubu avuga ko ihuriro ry’amashyaka rye, NASA, agiye kurihindura umutwe urwanya leta.

Odinga yifuza ko habaho andi matora mu gihe kitarenze iminsi 90 ndetse byitezwe ko azongera akitabaza inkiko ashaka ko zitesha agaciro ibyavuye matora yo ku wa Kane.

Komisiyo y’Amatora ivuga ko amatora aheruka yitabiriwe n’abaturage 7,616,217, Kenyatta agatorwa na 7,483,895, Odinga na 73,228 ari munsi ya 1%.
Imvururu za politiki zo muri Kenya nizo zikomeye kuva muri 2007 ubwo Raila Odinga yari ahanganye na Mwai Kibaki mu matora abantu 1 100 bagapfa.

Ku Cyumweru tariki ya 29 Ukwakira 2017, Odinga ari kumwe n'abamushyigikiye mu gace ka Kawangware

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages