Imibiri y’aba baturage imaze iminsi ivumburwa mu ishyamba basengeragamo, bigakekwa ko Paul Mackenzie na mugenzi we Ezekiel Odero babifitemo uruhare.
Polisi ya Kenya yashyikirije urukiko inyandiko nshya zisaba ko mu birego aba bapasiteri bashinjwa, hajyamo n’icyo guca no gucuruza ingingo zimwe na zimwe z’umubiri, kuko hari ibice bimwe na bimwe batabashije kubona ku mirambo.
Iki kibazo cy’abayoboke basaga ijana bagiye bapfa bagiye kwiyiriza nka zimwe mu nyigisho bahabwaga na Paul Mackenzie wari usigaye akorera amasengesho mu ishyamba rya Shakahola aho iyo mibiri yasanzwe.
Mu nyigisho yatangaga, ngo harimo izabwiraga abakirisito ko kugira ngo bazabone ijuru bakwiriye kwiyiriza kugeza bapfuye.
Polisi yatangaje ko nubwo imibiri isaga ijana imaze kuboneka y’abapfuye, baracyakeka ko hari indi itaraboneka yagiye ishyingurwa mu bice bitandukanye.
Inzego z’iperereza muri Kenya zamaze no kwinjira mu makuru ya konti za banki za Mackenzie kugira ngo bamenye neza aho amafaranga yakiraga yaturukaga n’icyo yabaga aje kumara.
Iperereza ry’ibanze ryerekana ko kuri izo konti hanyuzwagaho amafaranga menshi, bikekwa ko ari abakirisitu bayashyiragaho nyuma yo gushukwa na Mackenzie.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!