00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Igitero cy’iterabwoba cyaguyemo abapolisi batandatu

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 14 July 2016 saa 09:06
Yasuwe :

Sitasiyo ya Polisi muri Kenya iri mu gace ka Kapenguria yagabweho igitero n’umwiyahuzi bikekwa ko akorana na Al Shabaab mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, abapolisi batandatu ba Leta bahasiga ubuzima.

Uyu mwiyahuzi ukurikiranyweho ibyaha byo gushaka no kwinjiza abana bato mu mutwe wa Al Shabaab, yibye imbunda aho yari afungiwe atangira kurasa urufaya rw’amasasu ku bapolisi.

Al Jazeera itangaza ko uyu mwiyahuzi yishwe arashwe n’ingabo zidasanzwe zahise zoherezwa kuri sitasiyo ya Kapenguria.

Umuyobozi wa Polisi muri Kenya, Inspector General Joseph Boinnet yatangaje ko bahise bohereza abandi bapolisi benshi muri ako gace mu rwego rwo kurushaho gucunga umutekano.

Ati “ Ubwo umwiyahuzi yari agerageje guhunga twahise tuzana abandi bapolisi bo gucunga umutekano no kumuta muri yombi.”

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Pokot yatangarije Televiziyo y’igihugu ko abapolisi batandatu aribo bitabye Imana mu gitero cyagabwe muri Kapenguria.

Al-Shabab yatangiye kugaba ibitero simusiga muri Kenya ikoresheje n’abenegihugu bagiye binjizwa muri ibi bikorwa by’iterabwoba.

Abarwanyi ba Al Shabab barenga 100 baheruka kugaba igitero kuri sitasiyo ya Polisi mu gace gaherereye mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Kenya, gikomeretsa umupolisi umwe ndetse basahura imbunda n’amasasu.

Al Shabab itangaza ko igamije kwereka Kenya ko ikwiye gukura ingabo zayo muri Somalia (aho uyu mutwe ufite icyicaro) boherejwe kubungabunga amahoro.

Muri 2013, abarwanyi ba Al Shabab bagabye igitero mu isoko rya Nairobi, abasaga 70 bahasiga ubuzima.

Abashinzwe umutekano bahise bitabazwa mu rwego rwo gukaza umutekano
Igitero cyagabwe kuri sitasiyo ya Polisi iri mu gace ka Kapenguria cyaguyemo abapolisi batandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages