00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya igiye gutangiza gahunda y’ubwisungane mu kwivuza

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 20 October 2023 saa 03:18
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangije gahunda izafasha abaturage b’icyo gihugu bivuriza mu mavuriro ya Leta, kuvurirwa ubuntu.

Ni gahunda izajya iterwa inkunga binyuze mu kigega cyiswe Primary Health (Care) Fund.

Perezida Ruto yavuze ko intego y’iyi gahunda ari uko nta muturage n’umwe ukwiriye kwirukanwa cyangwa gufungirwa mu bitaro kubera ko nta bwishyu afite.

Icyakora kugira ngo umuturage yemererwe kwivuza ku buntu, hari amafaranga azajya asabwa kwishyura mu kigega cya Leta buri mwaka nk’uko bimeze mu Rwanda kuri Mutuelle de santé.

Ruto yagize ati “Nibigaragara ko nta bushobozi na buke ufite bwo kwishyura umusanzu, Guverinoma izakwishyurira. Buri munya-Kenya azahabwa ikarita y’ubwisungane. Uzajya uyifashisha mu bitaro ku buntu.”

Byitezwe ko muri iyi gahunda abafite uburwayi budakira, bazajya bafashwa na Leta ku buryo bitaba imbogamizi kwivuza.

Ntabwo umusanzu buri muturage wa Kenya azajya atanga ku mwaka uramenyekana icyakora ikinyamakuru Nation cyatangaje ko ari hagati y’amashilingi 5000 (asaga 40 000 Frw) n’amashilingi 300 (agera ku 2500 Frw) bitewe n’ayo umuntu yinjiza.

Abatuye Kenya bagiye kujya bavurirwa ubuntu mu mavuriro ya Leta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages