00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Imiryango ifite ababo baburiwe irengero mu myigaragambyo yakije umuriro kuri Leta

Yanditswe na Innocent Dushimimana
Kuya 7 July 2024 saa 03:29
Yasuwe :

Imiryango yaburiye ababo mu bikorwa byo kwigaragambya ndetse n’ibifite abayo baburiwe irengero, ikomeje kotsa Leta ya William Ruto igitutu kugira ngo isobanuro irengero ry’abantu bayo.

Abantu barenga 39 baguye mu myigaragambyo karundura igamije kwamagana umushinga wo kongera imisoro muri Kenya, barimo n’umwana w’imyaka 12 gusa warashwe amasasu arenga 10, nyamara atari mu bigaragambya.

Uretse abapfuye, abandi benshi baburiwe irengero, aho Polisi ya Kenya ishinjwa kuba yarashimuse abaturage, ingingo ihabanye cyane n’Itegeko Nshinga icyo gihugu kigenderaho.

Tabitha Wanjiru Kairo, n’umugabo we David Kairo ni bamwe mu bazamuye ijwi cyane, cyane ko umusore wabu w’imyaka 28, Joseph, ari umwe mu baburiwe irengero, dore ko nawe yari mu bigaragambije.

Ku rundi ruhande, Perezida Ruto aherutse kumvikana avuga ko Polisi idafite uburenganzira bwo gushimuta abaturage, nubwo yongeyeho ko ari Urwego rwigenga, rugomba gukorera mu mategeko y’Igihugu.

Ruto kandi aherutse kuvuga ko hari abaturage bafashwe na Polisi kubera ko bari mu bikorwa bigize icyaha, cyangwa se bakaba bari barahamagajwe na Polisi ariko bakinangira.

Urubyiruko ibihumbi n’ibihumbi baherutse kwirara mu mihanda ya Nairobi n’indi mijyi ikomeye muri Kenya, bamagana umushinga wo kongera umusoro ku bicuruzwa, byinshi, umusoro wagombaga kuzamura cyane ikiguzi cy’imibereho muri Kenya.

Leta ya Kenya iri gushyirwa ku gitutu kubera urubyiruko rwinshi rwashimuswe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages