Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi n’umutekano wo mu muhanda muri Kenya NTSA (National Transport and Safety Authority), cyatangaje ko abenshi mu bapfuye bari abanyamaguru , ariko kandi uyu mubare waragabanutse kuko abanyamaguru bapfuye ari 1,295 mu mwaka wa 2015 mu gihe mu wa 2014 hapfuye 1,313.
Umuyobozi wa NTSA, Francis Meja yerekanye ko abagenzi bapfiriye muri izo mpanuka nabo biyongereye bakagera kuri 645 bavuye kuri 610 muri 2014, mu gihe abashoferi biyongereye bakaba 328 mu gihe mu mwaka wa 2014 zahitanye 259 nkuko Nation ikomeza ibitangaza.
Abatwara moto baziguyemo ni 414 , mu mwaka wa 2014 hapfuye 381 abanyamagare bapfuye ni 69 mu gihe muri 2014 hapfuye 101.
Umuyobozi wa NTSA yatangaje ko uburyo buzagabanya izo mpanuka zizagabanurwa n’uburyo bwatangijwe bwo gukoresha ibyuma bigabanya umuvuduko.
Mu rwego rwo kugabanya izo mpanuka muri icyo gihugu hagiye kubakwa inzira z’abanyamaguru n’amateme ku mihanda mu rwego rwo kurengera umutekano w’abanyamaguru.
Ku muhanda Nairobi-Naivasha, naho imodoka zihagenda zigomba kugabanya umuvuduko ukagera kuri kilometero 50 ku isaha.
Abatwara kandi bazakomeza gukangurirwa kudatwara imodoka banyoye no kwambara umukandara wabugenewe .
Mu gihe muri Kenya bihagaze gutya, mu Rwanda impanuka zahitanye abantu 200 mu mezi atandatu abanza y’umwaka wa 2015, ni ukuvuga kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena.



















TANGA IGITEKEREZO