Iki kigo cyatangaje ko iyi mpanuka yabaye ku wa 24 Mata 2026, ubwo Sosiyete y’Indege ya EBB Air yahagurukaga ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta saa kumi n’ebyiri za mu gitondo itwaye abagenzi 32 ndetse n’abakoramo bane.
Ubwo iyi ndege yiteguraga kugwa ku kibuga cy’indege cya Mandera saa mbili za mu gitondo yarenze umuhanda birangira iguye mu bihuru biri hafi y’icyo kibuga cy’indege.
Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga igice cy’inyuma cy’iyi ndege ari cyo kiri kugaragara, ikindi gice cyose kiri mu bihuru.
Ikibuga cy’indege cya Mandera giherereye hafi y’umupaka wa Somalia na Ethiopia, ukunze gukoreshwa n’indege ziba zizanye ubufasha bwoherezwa mu nkambi z’impunzi zirimo Abanya-Somalia.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!