00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Minisitiri w’Imari arakekwaho kurigisa asaga miliyari y’amayero

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 6 December 2015 saa 06:47
Yasuwe :

Nyuma y’igihe bivugwa ko hari impapuro mpeshwamwenda mpuzamahanga (Eurobond) zatanzwe ariko amwe mu mafaranga yavuyemo ntakoreshwe uko bikwiye, kuwa 2 Ukuboza, Ubushinjacyaha bwasabye polisi na Guverinoma gukora iperereza bakagaragaza amakuru ukuri izo mpapuro za miliyari 1.9 z’amayero, yagujijwe muri Kamena 2015.

Ubushinjacyaha bukuru muri Kenya bwandikiye Polisi na Komisiyo Ishinzwe kurwanya ruswa, busaba gukurikirana icyo kibazo mu gihe kitarenze iminsi 10.

Kariaka Tobiko yasabye izo nzego "gusuzuma, gukusanya ibimenyetso no kugaragaza inyandiko” ku cyari kigamijwe hashyirwa ku isoko izo mpapuro za miliyari 1.9 z’Amayero.

Kuva mu mezi atandatu ashize, Minisitiri w’imari wa Kenya, Henry Rotich, avuga ko ayo mafaranga yakoreshejwe bijyanye n’amabwiriza y’ibaruramari ry’igihugu.

Gusa uyu muyobozi ntagaragaza igihamya cyabyo, ibintu bituma itangazamakuru n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakemanga ko igice kimwe cy’aya mafaranga cyaba cyaranyerejwe.

Umusesenguzi mu bya Politiki, Paul Wafula, yabwiye ikinyamakuru The Standard cyo muri Kenya ati “Ntidushobora kubona umuhanda wubatswe, ntitubona uruganda ruto cyangwa urunini ayo mafaranga yaba yarashowemo. Ndatekereza ko biragoye kugira icyo umuntu avuga mu gihe nk’iki ko ayo mafaranga yaba yarakoreshwejwe neza.”

Kuba muri iki gihe Kenya ihanganye n’uruhererekane rw’ibibazo nk’ibi muri guverinoma no mu zindi nzego za Leta, byatumye Perezida Uhuru Kenyatta abihagurukira.

Kugeza ubu abaminisitiri batanu bagaragaye mu bibazo bya ruswa birukanwe kugeza mu Gushyingo, uwa gatandatu we yegura ku giti cye.

Perezida Kenyatta akaba aheruka gutangaza ingamba zitandukanye zigamije kurwanya ruswa, ubu buri wese akaba ategereje kureba icyo bizatanga.

Minisitiri w’imari wa Kenya, Henry Rotich

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages