00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya na Uganda birarebana ikijisho kubera abashumba

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 29 August 2023 saa 04:05
Yasuwe :

Umwuka ntumeze neza hagati ya Uganda na Kenya nyuma y’aho Uganda itaye muri yombi abashumba 32 b’abanya-Kenya bashinjwa kwinjirana intwaro muri icyo gihugu.

Kuri ubu inkiko za gisirikare muri Uganda ziri kuburanisha abo baturage aho bashobora gukatirwa igifungo kigera ku myaka 20.

Bafashwe muri Mata uyu mwaka, bafatirwa ku butaka bwa Uganda bitwaje intwaro bo bavuga ko zifashishwaga mu kurinda amatungo yabo.

Kenya ihangayikishijwe n’uko abaturage bayo bajyanywe mu nkiko za gisirikare ku bibazo byakabaye byarajyanywe mu nkiko za gisivile.

Iki gihugu kandi kivuga ko Uganda yashimuse abaturage bacyo ngo kuko bakuwe ku butaka bwa Kenya, ahubwo Uganda igashinjwa kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu.

Ubusanzwe The East African yanditse ko abaturage ba Uganda iyo bafatanywe intwaro, bacirwa urubanza n’inkiko za gisirikare, bikaba bitandukanye no muri Kenya.

Uganda ivuga ko atari ubwa mbere abashumba bo muri Kenya binjiza intwaro ku butaka bwayo kandi byamenyeshwa ubuyobozi ntihagire igikorwa. Inavuga ko abo bashumba bitwaje intwaro bahohotera abanya-Uganda rimwe na rimwe bakabarasa bakabica.

Abashumba bateje ikibazo bagiye bafatirwa ku mbibi za Uganda na Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages