Inzego z’iperereza muri Kenya zivuga ko mbere y’itabwa muri yombi ry’uyu mupolisi, yabanje kurasana n’inzego z’umutekano ubwo zazaga kumufata.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko umupolisi ukurikiranyweho gutunga ihembe ry’inkura yafashwe n’inzego z’iperereza, zikaba zarabanje guciririkanya na we zishaka kurigura.
Si ubwa mbere ushinzwe umutekano muri Kenya atabwa muri yombi akurikiranyweho gukora ubucuruzi butemewe nkuko iki kinyamakuru gikomeza kibivuga.
Ku mugabane wa Asia, ikiro cy’ihembe ry’Inkura kigura amadolari y’Amerika ibihumbi 65, ni amayero 43,200 ushize mu mafaranga y’u Rwanda ni asaga miliyoni 46.
Umusirikare mukuru n’uwahoze ahagarariye inyungu z’igisirikare cya Amerika muri Kenya, na bo baherutse gufatirwa mu cyaha cyo gutunga ihembe ry’Inkura.
Bivugwa ko ubushimusi bw’inyamaswa bugenda bwiyongera nk’uko abahanga babivuze, kandi akenshi ibice by’inyamaswa bikorwa mo imiti, imitako n’ibindi.
Inyamaswa zibasiwe cyane ku Isi harimo ibisamagwe (bice by’imibiri),inzovu (ku mahembe), inkura (rhino), inyoni zidakunze kororoka cyane, ndetse n’ibikururuka hasi ku butaka, nk’uko tubikesha ibiro ntara makuru by’Abanyamerika Associated Press.



















TANGA IGITEKEREZO