00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Umwana w’imyaka 9 yatabaye abari bagiye kugwa mu mpanuka

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 28 October 2025 saa 07:27
Yasuwe :

Boniface Njoroge w’imyaka icyenda wo mu gake ka Murang’a muri Kenya, yatabaye abantu icyenda bari bagiye gupfira mu mpanuka y’imodoka.

Uyu mwana yatabaye aba bantu ubwo imodoka yari arimo na se na nyina n’abandi bagenzi yagwaga mu mugezi wa Kiama, we akabasha guca mu idirishya akayivamo.

Uyu mwana yahise yiruka ajya gushaka ubutabazi hafi aho, babasha gutabara abantu bari muri iyo modoka.

Icyakora aba bantu bahageze basanga abantu batandatu barimo se w’uwo mwana, Paul Karanja, bamaze gupfa kuko uyu mwana yagiye gutabaza imodoka yatangiye kurengerwa amazi.

Nyina w’uyu mwana, Alice Wangeshi, yavuze ko abonye umwana we asimbuka ava mu mudoka yari azi ko amubuze birangiye atazi ko ahubwo ari we ugiye gutabara ubuzima bwe.

Polisi yo muri aka gace yavuze ko abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro biri hafi kugira ngo bahabwe ubutabazi bw’ibanze.

Umwana w'imyaka icyenda muri Kenya yatabaye abantu 9 bari bagiye gupfira mu mpanuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages