Uyu mwana yatabaye aba bantu ubwo imodoka yari arimo na se na nyina n’abandi bagenzi yagwaga mu mugezi wa Kiama, we akabasha guca mu idirishya akayivamo.
Uyu mwana yahise yiruka ajya gushaka ubutabazi hafi aho, babasha gutabara abantu bari muri iyo modoka.
Icyakora aba bantu bahageze basanga abantu batandatu barimo se w’uwo mwana, Paul Karanja, bamaze gupfa kuko uyu mwana yagiye gutabaza imodoka yatangiye kurengerwa amazi.
Nyina w’uyu mwana, Alice Wangeshi, yavuze ko abonye umwana we asimbuka ava mu mudoka yari azi ko amubuze birangiye atazi ko ahubwo ari we ugiye gutabara ubuzima bwe.
Polisi yo muri aka gace yavuze ko abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro biri hafi kugira ngo bahabwe ubutabazi bw’ibanze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!